Alexandre Kimenyi
   

AMAGORWA Y'ABAGABO
Rudakenesha

Mugabo urwaye baninura
N'inkoni nyinshi bankiniraho
Ngo urwitwazo ni uguhinga,
Ibyo barabizi bigira akamaro
N'iyo byaba bitategetswe,
Icyo ni igihano Adamu yahawe
Icyo si cyo mporwa ndazira ikindi
Ariko kandi jyeho ndacyizi
Mugabo ugenda uko amaguru angana.
Ya majyambere agumya kuza
Ati : Ihangane ngaho ndaje
We gutinya naziye mwese
Si ugutoranya ab'imbaraga
N'ab'imbumburi ni abanjye.
Ikindi umbwire akazina kawe
Ko mu mapfiro ntaragera ino.

Nti : Ndi Ruhigizangwa ndi indogore
Barakubita nkabyka
Simbasha guhunga
Iby'imbaraga narabihebye.
Mu irembo kwa Kagabo
Nahatangiye ifayina
N'ibiboko munani.
Mu rugabano kwa Gorora
Nahakubitiwe intusi
I Nyagasiga mu Bironko
Nahaciye bunyururu.
Mu irembo kwa Muvunyi
Aho rubanda bahunika
Ibishyimbo by'itegeko
Nahafungiwe kabiri,
Bukeye ngo taha
Gasaza udahwera.
Nashinga akabando
Ngashaka gutemba
Muruzi iyi ndaro
Y'umuntu warwaye.

Ndakomeza ndahata
Aho nsanze agacucu
Nkahicara umwanya.
Abagenzi duhuye
Bakambaza iyo njya.
Nti : Ahitwaga iwanjye
Mu kangaratete
Ni hino y'itaba
Hatazi umuraro
Wabaye mu Rwanda.
Akarenge ku kandi
Ubwo kangana akanyago.

Ngihinguka i Gorora
Mpasanga Ndakwesa.
Yabonye Magahura
Yabaye agasake
Yatiye n'inkweto
Ngo wmite igisonga.

Si nk'ibyo nkigomba
N'uwambaye impuzu
Iyo ashatse arakubita.
N'uwitwa Yafani
Yavuye i Muhura
Aza ahiga Bihondwa.
Iyo atinda nk'umwanya
Adatsinzwe n'umwami
Na twese rubanda
Atari ibyo kubeshya
Nari nje gusaza.

Umubiri wanjye warabitoye
Ntibawucira akari urutega.
Bikintonda nagize umwete
Kubaza cyane icyo mpora mporwa
Nsanga ntacyo kiragatabwa.
Ibyo rubanda bazira uguye.
Ab'inshuti zanjye baradohoka
Umbonye wese akazinga umunya.
Naba mukebutse akarora hirya
Ngo ampishe amaso ntamenya uko ameze.
Iyo mba umuntu wahoze imusozi
Mba narahunze nkabendura
Iby'intege nkeya nkabyibagirwa.
Si n'ibigoye ngo biraruhije.
Iwanjye mwumva ni ibitwenge.
Abatahagenda ndahababwira :
Bazi ikawa n'akazu kayo
Kamwe bashinga bahisha izuba
Ngiyo intaho yanciye intege.
Ngira n'ikindi ndusha rubanda :
Haba umusaza utagira abana
Uw'inka nyinshi bikamutunga
Yaba umutindi wabahonoye
Imvura iyo iguye bajya guhinga
Amapfa yatera bakamuhakirwa.
Ikiruta ibindi ni ukugenda
Ugahamya hasi utari ikimuga
Nabuze byose nk'ingata imennye.

Mugabo wanze guhama imuhira
N'ibyo kugenda ntakibishaka
Ubwo nikamase ngana i Gakenke
Ngo ndivuza ngaruke iwacu.
Naraharaye birananirana.
Kuri Kabare ni ho nabanje
Mbura umuraro ngaruka i Gahini
Mpamara ukwezi bakimpa imiti
N'inshinge za kinini.
Birananirana ndagandura.
Ngumya kugenda nsa n'umusinzi
Umusozi munini ndara kabiri.
Ubwo nkihuta njye i Nyarugenge.
Ngitunguka kwa muganga
Abura aho aturuka ibyo kumvura
Aranyohereza ngo nintahe
Abansoresha bazabireke
N'indi mirimo ya Sirikare
Abagiraneza bazanyorore.
Ubwo arangabiza barampuhura.
ikirusha ibindi gutera ishavu
Ni ihazabu yo ku gitanda.
Ayo mafaranga narayatanze
Sindayumvana undi murwayi.
Siboyintore nshaje nabi
Ndoha y'umwaga ndagoberewe
Barushyishyamba ndi Nteziryayo.
Mugabo ugendera ku bugenge
N'abansonga bagira isoni nke.
Ni uko icisha ahayo
Imitima myinshi irankomereye :
Sinibasha ngo ndajya i Bweya
Nabuze imbaraga ihinga igipimo
Indwaza yanjye ni ikiboko
N'amafaranga ijana ry'igihumbi
N'inkubiri itampa imbabazi.

Izo nkuru numva igihugu cyose
Zo muri Leta uko bategetse
Ngo umuntu wese agubwe neza
Igituma jyewe ntabibonye
Nanze umwami ubu ni cyo mporwa?
Ubwo ndibwira hasi ndyame
N’ubusanzwe ndasinziriye.
Ibitotsi byanjye byaragurutse
Umuseke weya bakantumaho :
Ngo niba usanze agisindagira
Uti : Igipimo cyawe ukimare none.
Nakubwira yuko arwaye
Uti : Nawe arabizi ko uri ikimuga
Icyaha cyawe ni icyo ngicyo.
Nti : Birakomeye kuzavurwa
No mu baganga barananiwe
Cyo nimurebe ko hasusurutse
Mbyuke ngende nture ahandi
Sinabasha ibitagerura.

Umugore abyumva ari mu kirambi
Ati : Mpeke umwana wende ikirago
Tube tugenda muri aya mafu?
Nti : Cyono nawe nanga urwawe.
N'inkoni yanjye sinyibasha
Nkanswe kwikorera umusambi!
Umumotsi asanga tubijujuramo
Ashyiraho urwabo ngo turanywa inzoga
Ayo majwi yumva ni ugusinda.
Ashira imico mibi ariyurura.
Akaba yari aje nk'iya Gatera
Ati : Urugo nkunda ni uru nguru
Izindi zose nzazisenya.
Mwene data niba ari aho
Ntiyikange nze tujye inama
Tubyine Nyangezi n'Insamaza.
Akomeza kuza akanga mu nzu
Akanura amaso abura aho iteretse
Anyenda ukuboko agenda ankurura
Mu rugo hose no ku irembo
Ati : Turarwanye wampishe urwagwa.

Murabiruzi iyi ngano yanjye
Kandi nkubiseho ko narwaye
Iyo aba bantu utari indura
Aba yaratinye ngo atampuhura.
Ngumya kubonda ngaruka hasi
Akanura amaso abura aho akwirwa.
Umwana mu nzu arakomera
Ati : Ntagende yishe umuntu.
Yirukanka amasigamana.
Hariho abazi uko impyisi ihunga
Yumva induru z'abayitesha.
Arahira cyane kuzagaruka.
Ati : Nibashaka bararusenye
Sinashobora kuzanyongwa
Mwene wabo azihuhurire.

Iby'intege nkeya zanga umwami!
Aho nahunze ngaruka mu nzu
Nenda utwatsi nshyira mu ziko
Ndibabira nshira igitengo
Njya mu gisambi ndiyorosa.
Mbwira umwana, nti : Gumya urebe
Ati : Ubwo mbona baje ndabikubwira
Urabona imbaraga wabuze ubundi?
Nti : Urantsinze garuka mu nzu
Dusabe imana izabishobora.

Igihe bukeye bacanira inka
Mbona Mukera ari ku irembo.
Nti : Waraye, ati; Amagi atanu
Mangu mangu inka ya kibere.
Ngombe ngombe kujya i Bugarura
Mvoma hafi nagukubita.
Igihe ntaramenya urwo ruswayire
Kandi nkeka ko ari uruhima
Rusibamihana aratunguka.
Gasongantebyi ni ko aba asanzwe.
Ndoye mu maso ngira ubwoba :
Umunya yazinze aza kuntera.
Ati : Rugaravu yaje i Rutare
Zana inka nziza ubu urongore.
Ntiwirate ngo uraheruka
Nanagaruka indi izagenda
Iteka iteka keretse idahari.
Nkagira ishati irimo ishilingi
Igihe nyishaka kuyimupfurika
Nkebutse hepfo mbona Gakushwa
Afite ikiboko n'ikigofero
Arasa n'ingurube itera kwona.
Ati : Iya Rubindo iyo baturutse
Igipimo cyawe nibagutanga
Urabona ibyago biruta iby'ejo.
Nti : Hoshi genda ndaza iwawe
Na rya renga nararibonye
Turigorora mba nkwirabura
Namwe ab'inka nimuzijyane
Akanyago mpundu naragatoye!
Bizimana nari amabuye
Ngeze aho guhora muransabire.

Igihe ngisenga Umuremyi wacu
Ntiruharaye aratunguka.
Aturuka hirya amoka nk'inzungu
Ati : Ndakujyana ibutanywa itabi
Kwa mutware agati gaturike!
Nti : Aho sinanga icyo namenyereye!
Anshyira mu mugozi agenda ankurura.
Ngitungutse kwa gisonga
Mbona ko ntabwo nkihikuye.
Bati : Ibishyimbo, nti : Dore ngibi.
Banca umurimo ubihambira
Sinkabiriza ko simbizi.
Nkebutse hepfo mbona Kalinda
Ndamutabaza muha ifaranga.
Ibyo barabyanga bati : Urabeshya
Bihambire uze ubyikoreye!
Mbona akanama karangobotse.
Mbasaba imbabazi nti : Reka mbanze
Nshake imigozi ngaho ndaje.
Ncuma gatoya njya mu rutoki
Ngo badakeka yuko ncika
Ari ibirere njya kuhashaka.
Nika bugufi ngenda mayoka.
Bavuga igari ko ritebuka
Ngira ngo ku nda haba imipira!
Nanga inzira ica mu muhanda
Nca mu gisambu n'i Nyagasig
a Nyura mu Kabuga hamwe na Gorora
No ku irembo rya Mugarura.
Manuka hepfo njya Kanyonyomba
Mpabona inshyimbo bahataye
Ubwo batemaga muri Nyakanga
Nti : Umenya ngiye reka mpaguruke!
Nshinga impinga ya Kimironko
Nkebutse itongo rya Gahirima
Nshakashaka mbuze aho ndara
Ngoboka hino yo kwa Mparirwa
Aka Muhura ko ni gatoya.
Mboneza Gahara ari yo Bibare
Imanuka ryayo rikaba akago
Amaguru ahunga agira ubufindo.
Ngera mu Kagogo niha utuzi
Nshinga impinga ya Giti yose
No mu Matyazo ngana mu Kaliba
No mu Nkoto ya Kayenzi
Rutare abaho turaziranye
Mbona aho ntemba si ukuryama.

Igihe bukeye nshinga inkokora
Nenda inshyimbo ndasindeagira
No ku butinde bw'icya Mutara
Nzinga ibanga rya Gitambi
No mu muhanda uca mu Gasyata
Na Nyarugenge yo kwa Majoro
Nca mu rukiko gukenguza
Umumotsi mpunga ko yantanga
Bigiramenshi ko yahaza
Akankubirana bikaba impuha
Bati : Umusaza ararondogoye.
Ntahamubonye njya mu baganga.
Batangazwa n'ikingaruye
Igituma nkiriho kirabayobera.
Bati : tubwire uko byagenze?
Nti : Mu mwaka wa cumi n'umwe
Ni ho natangiye kwivuza
Njya ku gitanda birananirana.
Bati : Uyu muntu ko afuragurika
Ntadusubize icyo tumubajije
Ibarowa yacu ntiyayitaye
Bakamuhatira icyo atabasha!
Nti : Nibishoboka mumpe indi miti
Kuvuga menshi ibyo simbizi.
Bati : Yijyane ubwo si bwa bundi
Ya majyambere ariho cyane
Shira agahinda ntacyo uzaba.

Iryo joro ryose ndasinzira
I saa munani ni ho nabyutse
Nti : Uriramutse bitotsi byanjye
Dore ndagiye sinaguma aha.
Niba nsanze amahoro imuhira
Nkabona urwagwa nzagutumaho
Dore ko utinya abamotsi ukwawe
Kandi munganya kurukunda.
Nzabagabanya uko narubonye
Nacurura uzanyegere
Unyure mu maso azaba ashimye.
Iby'uwo munsi ndabikujeje
Sinzi iby'ejo bibara ab'ejo.
Nyabusa yica uwabuze icyo amuha
Nta nyamaswa yitegereza
Ahubwo agira ngo ni ukumwima
Uwo inda yategetse uwo si umuntu.

Urupapuro 189-202
Sipiriyani Rugamba. 1984. Abambari b'Inganzo Ngali. INRS : Butare, Rwanda.

MUGABO WICAYE INKIMA ITARASHE
by Rukenesha

Mwumve mugabo wicayeinkima itarashe :
Ubwo mundora ubu nari amabuye
Umubiri wanjye ni muri Murago
Bukuru muzi ko ingana akanyago
Nagirango ngane ikirago nsinzire
Bakansonga ntagira icyaha
Ibyo kwitwara bikanyobera.
Ibyo za mpire tuzahwana
Rutikanga ikagira iyayo
Njya kuyitanga birambabaza
Nyirongora tunezerewe
Abo twaguraga barampenda
Sinacirwa nari mbabaye
Sinakwanga ngo nzagaruke
Kugoma kabiri njya kuyitanga
Magana atanu bayampaye
Ndayakira nyagira impamba
Ngo ngere ibwami ntazahemuka
Sinzamanuka iyo ku Muvumba
Mutara wenyine azanyimana.
Guca urubanza no kuba umwami
Abigira byombi Ruhumuriza
N'abankubita ngo ndi imfubyi
Bariratana ubwenge buke.
Mutara rwose ubwe ni we data
N'ubwa kare ibyo birasanzwe :
Umwami mu Rwanda ni we mubyeyi
Umuntu umwanga aba ari ikigoryi
Imana ubwayo ikamuha igihano.
Mbivuge neruye Rwangango
Ntaganye byonyine ngo ndekere aho.
Ndi Nkuba ihindana impambara
Ntumwumve mutyo ndakangata
Sinakwica n'imbeba mu nzu.
Bambe ndi inkuba ndavugishwa
Ubwo mvuze uko ndi ndarondogoye.
Nahoze ngenda ntiwizere
Ntacyo ndihishira ryaguye
Ntabwo nzongera kuzerera
Intege ni nkeya birananiye
Sigagaza ziragiriye
Ngiye kwicara mu bitwenge
Akazu gatoya mu rutegamatwi
Abagira imbabazi muranyibuke
Amakuba y'isi ntazandembye.

Iyo mba umuntu ukigira impamba
Mba naragarutse mu ntabera
Nkavuza impundu mbe ariko mbyita
Nkavuga isambu n'inka yanjye
Nkabaza ubwatsi bwa Sakabaka
Si igisonga cyabutanze
Ni ubw'imbata y'aba kera
Mabano acyiza ni ho yatuye
Ngicyo ikenda kunyiyahuza.
Ndabaza ijambo rimwe rukumbi
Ntabwo ntsindirwa mu rukiko
Kandi ibyanjye sinabibonye
Sinzi neza ko ari ibyago
Cyangwa ibyaha byo muri Leta.
Umwami wacu nawe arabizi
Uwenze iby'undi ntamukuka
Nkanswe isambu yo ari itegeko
Kandi nyirimo ntibabitinye.
Iyo bayitwara ntibice inzira
Sigagaza ngo zirumange
Kandi amazi ari yo azitunga.
Ndiho ndatashya abo mu rukiko
No mu Rukari abo tuziranye
Arya mashyi yanjye ntapfe guher
a No mu gitaramo muyankomere
Abanyamahanga barabihabwa
Ngeze iwa Ndabaga nkumbuye i Nduga
Ngaho ndaho muransabire
Kandi muze no kunsura
Ni Matiyasi ubasezeraho.

Impapuro 257-260
Sipiriyani Rugamba. 1984. Abambari b'Inganzo Ngali. INRS : Butare, Rwanda.

__________________________________________________________________________

INYAMIBWA IMANA YAGIZE INYANGE

Inyamibwa Imana yagize inyange
Umuzirankende w'ingeso nziza
Akiba i Bulayi bamwemereye
Ko ari inkingi bazegamira.
Ko ari urwego bagenderaho
Umva ya ntwari mu bya Mungu
Igituma yitwa umwepisikopi
Iryo zina ryogeye kuba ryiza
Rigira umuntu w'intungane
Utagira inenge na kanzinya.

Batamubonyeho icyamubuza
Bamwemerera batijana
Ntibatinda kumwohereza.
Ngo twishimire hamwe twese
Mutara abyumva ari mu Rukari
Umugabe wacu akagira ubwuzu
Iyo nkuru nziza imuhimbaye
AzanaAbaterambabazi bose
Atumiza inyambo ziba mu Cyanya
Intore nyinshi zirahamiriza
Umunsi mwiza w'ibyo birori
Umwami yazanye i Kabgayi
Ntabwo wigeze kuba rwose.
Imana yawugize ikiruhuko
Ni wo ijya ikomeraho abayikunda.
Ni wo yahaye Aloyizi ikamba
Ryera cyane ry'ikimenyetso
Cy'uko Rwanda ibaye igitego.

Igihugu cyacu ntabwo kirutwa
N'ubwa kera cyahoze imbere
Imana yongeraho n'ikirezi
Igiha Karoli umwami wacu
Itora Yozefu aba umubyeyi.
Aduha Musenyeri ni ho yavutse
Abanza kwimira i Kabgayi
Abantu bose baza kurora
No mu mahanga birabahuruza
N'abatubwira amahame yabyo
Bakuru cyane barimo abera
Haza abami nk'ubwa Noheli
Umunsi Yezu awigurana
N'uwa Musenyeeri aboneka i Rwanda
Yombi yaruse iyindi yose.
Si ukubeshya byarabonetse
Itaha i Rwanda ko irahakunda
Ibona Musenyeri ari ho mukuye
Ijya mu muryango uhorana ibyiza
Ibyatwa byaho bihora iteka
Intumwa ya Mungu yo iruta byose.

Mwumve Imana ngo iragereranya
Agiye iwabo kwa Rukamba
Ibirori byongera kuhabera
Igira ngo natwe tunezerwe
Nk'aba kera bazi Yezu.
Umwami wacu asubira kwa se
Haza Abarasa n'imitwe myinshi
Haza inyambo zo kwa Shefu
Sinkubwira na za byeri
Bahanyoye mu byishimo.
N'abapagani bari bahari
Ishyari rishaka kubiyahuza
Ko batinze kumenya Mungu.
Abazirankende bari i Ntora
Nta gahinda ni iya base
Imana ishimirwe uwo muhiro.

Ntabwo ndangije kumuhimba
Rwa rugendo ni rwo ntegereje
Nzaba ndundura yagarutse
Mbone uko nsingiza uwo mubyeyi
No kumuratira abatamuzi
Nk'abapagani n'ab'ahandi
Nibamukundire uko abikwiye
Nibamusabire Imana amahoro
Nibishimire ko imuhaye
Kunezerwa n'umugwi mwiza.
Bigira umwami ko si ikinyoma
Ikigoryi cyumva gisinziriye
Ntabwo cyamenya uko bigenda.
Umuntu ukundaq Imana wese
Akaba umutegeka wa misiyoni
Ntabwo ahinduka ahora acyeye.
Nabishaka narekere aho
Yagera i Nyundo cyangwa ahandi
Heza cyane nkabura impamvu
Yo kumutakira uwo mutako
Ntawumutura atanga umugisha
Wo mu ibanga n’uwa rubanda.
Ndabirahiriye dufite ihirwe
Abari mu Rwanda nta gahinda
Uko nababonye beza bose
Birukanka banezerewe
N'ab'indyadya barabiretse
Baramusabira hamwe n'umwami
Ikiruta byose ni urukundo
Ishyaka ry'u Rwanda rirahagwire.

pp. 226-237
Sipiriyani Rugamba. 1984. Abambali b'Inganzo Ngali. INRS : Butare, Rwanda.

___________________________________________________________________________

SIGAGAZA
by Rukenesha

Ruti rw'ishema rwa Shikama
Hariho ibintu nahishe kera
By'inka zanjye Sigagaza :
Ubwo bazifungiye mu itongo
Ubwatsi bwazo babutanze.
Uko zatangije kujya inama
Imbababahizi ni yo nabanje
Iti : Murakenyere mureke urw'inka
Rwo kururumba mu bisigati
No mu kabande ka rubanda.
Ntimwishinge iza Rudabari
Iyahoze ari inja yabaye ingore.

Rutikanga ubwo irayisubiza
Iti : Ndabiruzi ni amahwane
Nta n’akamaro kabyo mbonye
Nta rushunzi ruhoza abana
Nta giciro cy'amafaranga.
Ubwo turapfuye nawe arapfuye
Ni budakiranya uko mbyumkvise.
Mukuru wazo Rwiyamirira
Iti : Mfite inama ikaruta izanyu.
Nibujya kwira twige kwiba
Ubwatsi bwiza bwo mu kabande
No mu gishanga twihe amazi
Ngicyo ikintu cyamutunga.

Ziyiha ikbe zirayishima
Zenda izazo ziratabara
Ziraburisha ko zirabyibuha.

Ntibyatinda hatera amapfa
Biradogera agera na Bweya.
Kutaba imfubyi bigira akamaro :
Ku babyeyi baba i Kiziguro
Alegisanderi, Lawurenti
N'Apolinari uko batowe
Bagira imbabazi bitangaje.
Basaba cyane mu misa iteka
No mu bisonga hava amaturo
Ku cyumweru barabiranga.

Misa igisohoka inkuba irahinda
Igicu gishingira mu Kinimba
Kiramuruzi imivu iracurana
No mu Rubumba ifata Murambi
I Kitabraza ihagwa umuvumbi
Na Rwimitereri ivuza imirindi.
Igeze i Gituza inyura mu bwato
Igumya kugenda u Bwanacyambwe
Igera mu Cyanya iramira ingaju
Igaruka i Gabiro igana iya Bweya.
Iragwa mu Rweya rwa Kalisa
No mu Mirenge kwa Simoni
Igihugu cyose kirasubirana
Bene ubwatsi bashira umwaga
Sigagaza ziraburisha.

Nsanga Umwami kubaza uko mera
Dore ko ngendera mu modoka
Sinzi impamvu ituma mbishobora.
Mwumve imana ko igira amaboko :
Ngikoma yombi ati urava hehe?
Nti : Mu Buganza ahitwa i Gorora
Si ugutura ndagundiriye
Siniterura ngo mpikure
Siniteye icyo bampora
Sinihonga ngo babikunde
Barakubirije ngo bampuhure.
Ati : Hoshi genda ujye i Nyarugenge
Nzagusanga yo ubimbwire.

N'ubwo hari ku cyumweru
Ku wa gatanu arabyukuruka
Ati : Mu rukiko abe ari ho ubanza
Ni ko bigenda nzi ay'abasaza.
Atuma Umukinzi ngo ahansohoze
Akaba yambonanye umususu mwinshi
Kandi yanga ko nzatinda
Ntangira impamba ngo bimpuhure.
Inkuru mbarirano ngo iratuba
Narahaguye ikinga ukuboko
Mpamara umwaka nkibaza itegeko
Inyuma ya Huye ni ho navugaga.
Mbona ko nguye mu nzoberanyo
Umwami atazi ishyano nabonye.
Kandi singaye urwo rukiko
Ntimubikeke mporana ibyano.

Igihe nkigisha imitima inama
Godifilidi aratunguka
No mu rukiko dutera kabiri.
Bati : Uratsinze ariko si cyane.
Cyo hoshi genda ubwire abantu
Bari mu byawe uti : Nimubimpe.

Wabona mvuduka mva mu rukiko
N'iyo mbaraga n'inshinguro
Bati : Aragiye Bihorwubusa.
Nti : Reka mbanze nkure ubwatsi
Ngaho ndaje mbasezereho.

N'uwo munsi nje no gusiba
Nabuze imivumu kandi nyirora
Ibibabi byayo bikansumba.
Ngumya gusimbuka ntabishobora
Ngibyo ibyashekeje rubanda.
N'abo mu isoko barahurura
Bose bazanwa no kureba
Ndiyegayeza ndashingura
Niha imbaraga biti : Oya apana.
Bishyize kera ndaseka nanjye.
Nsaba undi munsi ngo nzagaruke
Na burya bw'ejo nzabishobora
Ndakibabeshya ndahikura.
Barategereza biragatabwa
Mpanyura neza nshira ikimwaro
Iyo mba ikigoryi mba ndi i Bugande
Umwami atazi Barushyihamba.

Bihorwubusa ndacyarahira
Ikiruta Nkubito kereka Imana
Ababyijana bafite ibyago
Basabe cyane basayuke
Bareke impuha batihemura.
Iryo zina yitwa rihamije imizi
Ntiriyegayega rihamije imizi.
Igihugu cyose kiryegama ho
Yitwa Umwami ni amatungo
Imana itanga yishushanya.
Iryo zina ryayo uwo yarihaye
Ngo bitiranwe nawe arategeka.
Ni yo yatanze uruhushya rw'umwe
Ngo arushe abenshi kumenya ubwenge
N'ikimenyetso gukoma yombi
N'ingoma iteka zibikira.
Akagira imbabazi ko nyambabazi
Si imbarirano narabibonye
Ndi i Kabare mu biro ndwaye :
Mbona ibinini magana atanu
Umubiri wabyo bikirabura.
Uwabimpaye sinzamuhuga.
Iyo ngira imbaraga na kanzinya
Uko byagenze ko ni jye ukuzi.

Sigagaza nahoze ndata
Sinazitaye ni iryo jambo
Ntasiga inyuma si iryo guhera.
Uko byagenze nkimanuka i Nduga
Sendanyoye avuze ko azaza
Iyo nkuru nziza ziyumvise
Isa n'akabande ko mu mpeshyi
Cyangwa imigutu y'ibisigati
Si ukubyibuha ziba amabungu.
Inyamibwa zose inka ya Muyoboke
Izirusha inama yo kwitunga.

Mutara akunda ari mu gitaramo
Abuza abatera ubusoro bombi
Serukamba na Nkurikiyinka.
Ati : Nimutuze imibugu yanyu
Igisoro n'ubwo kimara irungu
Ubwenge bw'inka buruse ibindi.
Dore uyu muntu zaguguranye
Iyo nzira yose ziri n'imuhira
Kandi numva ko ari na nkeya
Ziruta abantu kandi ari inka.
Mureke ambwire ndamire igihugu
N'ubwo kera amahugu akiriho
Kunyaga ikimuga byaraziraga
Kidatabara bakagitinya
No kujya ibwami ni bwo nkibibona.

Bahora bose habura usubiza
Mpabona ijambo aba ari jye utarama
Amatara araka bishyira kera
Mutara yumva izo ngangare.

Sigagaza iryo zina ryazo
Aho ryaturutse ni ku bukeya
Ubukene buje zirampeka
Amakuba yanjye y'abansonga
Zirankomeza ndasindagira.

Icyo nifuza iyo ndakibona
Mutara umwami akazanyibuka
Nkazitura Rusumbankuku
N’inkuba yera na Ngabo yera.
Izo ntabikangwa ubu ni igiharwe
Zirantota ntacyiterura
Ngo zongere zishire irungu.
Nkazegera nzicacura
N'inkuyu yanjye nzica amahendo.

Iyo nkuba Rwema ikagira ubwira
Ntaragusha iti : Koma ikijo.
Rukabu yumva iri ku irembo
Zitanguranwa bakingura.
Iyo zaka inyana zihuje urubu
Ntiwakunda mirongo itatu.

Rutikanga abasemyi baje
N'inkuba yimanye uko bashaka
Iyo zizihirwa n'amaribori
Imisaya isizana ku mahembe.
Umubiri ushaka gusa na zahabu
Iyo nzobe y'inka itaraboneka
N'uwaturuka iyo mu Bulayi
Ntiyayirusha impakabarasi.

Sigagaza si nk'ingweba
Kandi inyamibwa zisa n'inyambo.
Kugira ubwenge zirusha abantu
Izuru ryazo ziha amazi
Bazikubita zikanywa cyane
N'ab'ubwatsi barashobewe
Zibubarishana badashaka.

N'iyo baje zirabakinira
Imihigo bazanye ikageruka
Inkikabahizi zitwa ibirori.

Urupapuro : 272-281
Sipiriyani Rugamba. 1984. Abambali b'Inganzo Ngali. INRS : Butare, Rwanda.

___________________________________________________________________________ _____________________________________________________________________